Ibyavuzwe n'abahanga 14

Igihe cyose hari icyo ukorana umujinya uzamenyeko ku ijanisha rinini cyane nacyo kizarangira mu isoni amarira igisebo n'ikimwaro by'agatangaza bikarutwa n'iyo ubireka byose ntugire icyo ukorana ubwo burakari.

Bibaye ngombwa bikagirwa n'itegeko ahubwo ko ugukoshereje wese umukubita imigeri ku kibuno weho wajya wicara ute? Byarangira usanze nawe ntakibuno na gito usigarnye cyo kwicarira kwicaza cyangwa kicaraho.

Nwiyemeza gushaka no gushinga urugo uzaba wiyeje icyarimwe no kudafunga ijisho mbere yabyo no kuzahora uhunyeza amaso afunze ariko anafunguye igice mu kindi gihe cyose kizakurikiraho kuko aribyo uzaba aribyo wiyeje kandi ariko bigomba kugenda.

Akazi kagomba kugirwa n'ibintu bitatu kimwe muri byo nikiburamo uzashake uko wakareka kuko nubundi nta kazi uzaba ufite, Icya mbere ni uko akazi kagomba kukurengera nturushywe bidasanzwe no kubaho, icya kabiri ni ukukurinda utugeso tumwe na tumwe two mu buzima buciriritise nk'ububandi, uburiganya ubwambuzi n'utundi tugeso nk'utwo; icya gatatu ni ukukurinda no kugushyira kure cyane yo kwifuza kurarikira ibintu bitari na binini cyane kugirira ishyari ahubwo abandi babitunze kandi byitwa ko ukora.

Jya ubanza weho ubwawe utekereze ku buryo bigoye kugira icyo wihinduraho ubwawe hanyuma uzumva neza uburyo bigoye kurusha kugira abandi uhindura ngo bagukurikire cyangwa ubabwire ibyawe babyumve uzabona neza ko birimo amahirwe macye cyane angana n'agasenyi kamwe mu mucanga wo ku nyanja bikubere ahubwo impamvu yo guca macye no kubaha uwabashije guhindura abandi bakamukurikira kugeza ahubwo no ku rupfu.

Niba wifuza gukwedura ubuzima bwawe ngo uzabeho igihe kirekire no kuramba bihagije biragusaba korosya imirire yawe

Ikiza cyo kuvugisha ukuri ni uko kutavuna ntikugutegeka kwibuka ibyabaye byose kubyigaho no kugira imigambi ucura ngo ukuvuge ukuri kuba kumeze nk'amazi gusa nta bara nta mpumuro n'icyanga kugira kuba kurahongaho gusa waba ushonje cyanwa uhaze waba muzima cyangwa urwaye ko ntiguhinduka kuba korohereye nk'ibaba mu muyaga nta buremere kugira gusa kubera ko kuryana ukuri kugira igihe n'uko gutangwa kwambikwa abantu nk'ikote uborosa ntabwo ukubaha nk' isuyume ikonje ubatera mu maso nibiba bityo nabo bazayifata bayigukubite mu maso bayiguhondaguze ahubwo baguhitane uzize ukuri wavuze nabi wirengagije ko gukorogoshorana ntuzakine n'ukuri ngo ni kwiza gusa ukubwirwa uburyo n'igihe kuvugirwa ibi nabyo ni ngombwa cyane.

Mu gihe havutse akazi gashya kagoye kugakora uzagahe abakozi bitwa ko ari abaswa cyangwa abanebwe kuberako abandi kazabaremerera kanabakereze ibindi byakorwaga bihagarare ariko aba bandi bo bazirwanaho ibyo wibwiraga ko bigoye babikore neza kandi babirangize batungurane ahubwo impamvu ni uko hari ibyakorwaga batari bazi cyangwa batigeze bahabwa gukora aha rero bizagaragara ko ikitwaga ubunebwe n'ubuswa mu kazi ahubwo ari amahirwe yasumbanye gusa.

Ubuzima buryoshye kandi bubamo n'ibyishimo bidasanzwe wabuhuza n'igihe wahisemo kuba wenyine ariko ufite ibyo uhugiyeho ukora umusaruro wabyo ntushobora gushyirwa ku munzani umwe n'ibindi byose wakora ukoranye n'undi, ibi byapimirwa ku minzani ibiri itandukanye cyane.